John Pombe Magufuli wari Perezida w’Igihugu cya Tanzania, ku myaka 61 y’amavuko yitabye Imana azize indwara y’umutima.
Ni mu gihe byari bimaze igihe amakuru agenda avugwa anandikwa mu bitangazamakuru bitandukanye avuga ko yari arwariye mu gihugu cya Kenya havugwa ko arwaye icyorezo cya Covid19. Visi Perezida w'iki gihugu Samia Hassan Suluhu niwe watangaje ko Bwana Magufuli yazize umutima.
Samia Hassan Suluhu niwe wahise ugirwa perezida akaba ari n'umugore wa mbere uyoboye iki gihugu mu mateka yacyo.
Imana imuhe iruhuko ridashira!
Dr. John Pombe Magufuli