Jeannette Kagame yasabye ko ihohoterwa rikorerwa abana rishyirwa mu byaha bidasaza

Richard NSHIMIYIMANA 2024-04-19 06:57:46 Politiki

Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame, yasabye inzego bireba guhagurukira ikibazo cy’ihohoterwa rikorerwa abana binyuze mu kwihutisha imanza z’abakekwaho icyo cyaha, anifuza ko icyo cyaha cyashyirwa mu byaha bidasaza.

Ni ibikubiye mu butumwa Jeannette Kagame yageneye Abanyarwanda, mu gihe kuri uyu wa Mbere u Rwanda rwifatanyije n’Isi yose kwizihiza;Umunsi Mpuzamahanga w’umwana w’umukobwa.

Jeannette Kagame watangije ubukangurambaga bwo kurwanya icyaha cyo gusambanya abana, yavuze ko impamvu icyaha cyo guhohotera abana kidacika burundu ari uko ababyeyi n’abarezi bagakwiye kurinda abana bari mu babahohotera.

Yagize ati: "Iyo urebye usanga dutungurwa n’ibyo umuntu yakoze, rimwe na rimwe ubwenge n’imibanire y’abantu bigatuma tutabyemera cyangwa tutabyiyumvisha. Kumva ko umubyeyi, umuvandimwe cyangwa umurezi yakoze icyaha cyo guhohotera umwana, wibaza aho tugomba kugarira ngo turinde umwana bihagije."

Jeannette Kagame yavuze ko icyaha cy’ihohoterwa hari byinshi cyambaye bituma kihishira, birimo kuba uwahohotewe ashobora kugira ipfunwe ry’uwo yatabaza, ibirenze ibyo ababonye gikorwa bakaba bagihishira kubera isano baba bafitanye n’abagikoze cyangwa ubundi bubasha bafite.

Ati: "Ndagira ngo twongere twibaze tuti, iki kibazo gikomeje gutya twaba tugana he, cyane ko atari ikibazo twisangije twenyine mu Rwanda? Ese ko amategeko ahari habura iki? Ese ni ubumenyi buke n’amakuru bidahagije bihabwe umuryango ngo ubashe kwirinda?"


Jeannette Kagame yavuze ko bibabaje kuba ubushakashatsi bwaragaragaje ko 20.5% by’abana baterwa inda baba bari munsi y’imyaka 11, n’ubwo nanone bwerekanye ko hari abana b’abahungu bahohoterwa.

Ni ibyatumye aha umukoro abafatanyabikorwa n’inzego zose zirebwa n’ihohoterwa rikorerwa abana, abasaba gutekereza ku cyakorwa kugira ngo kiriya kibazo gikemuke.

Ati: "Dutekereze icyakorwa kugira ngo imanza z’abakekwa n’abahamijwe iki cyaha zihutishwe, abanyamategeko mu nzego zose baturebere niba iki cyaha kidakwiye gushyirwa mu byaha bidasaza."

Yabasabye kandi kuba hafi y’abana bahohotewe mu bufasha babaha, kugira ngo babashe gukira ibikomere.

Ababyeyi n’abarezi bo bahawe umukoro wo kongera umwanya wo kuganiriza abana, kwihugura bagasobanukirwa imikurire y’umwana n’imihindagurikire y’umubiri we no kurushaho kubagira incuti.

Ni umukoro wanahawe abagabo.

Related Post