Mu gihe bamwe binubira "Made in Rwanda", RSB ihamya ko yizewe

Richard NSHIMIYIMANA 2024-04-24 18:10:55 Politiki

Ikigo cy’igihugu gitsura ubuziranenge RSB, kivuga ko ibikorerwa mu Rwanda bizwi nka “Made in Rwanda” biba byizewe cyane ko baba barabigenzuye. Bagasaba abaturage kubyizera, gusa bakanatanga amakuru aho babonye idafite ubwo buziranenge.


Ni mu gihe hari bamwe mu baturage bavuga ko batagura bimwe muri ibi bikoresho ngo igiciro cyabyo kiba kiri hejuru kandi ko bitaramba.
Kuva mu Mwaka wa 2015 Leta y'u Rwanda yatangije ubukangurambaga  bugamije guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda  na Politiki zihamye z'ubuziranenge bwabyo  kugira ngo bigire agaciro ku masoko yo mu Rwanda n'ayo hanze. Ibi byafashije igihugu kugabanya icyuho cy'iri hagati y'ibyo u Rwanda rutumiza mu mahanga n'ibyoherezwa yo.


Iyi gahunda igamije kongerera ubwiza ibikorerwa mu Rwanda kugira ngo bibashe guhangana n’ibindi ku isoko haba imbere mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga izwi nka Made in Rwanda, yakiriwe n’abanyarwanda ku buryo butandukanye.
Bamwe mu baturage bavuga hari ubwo bahitamo kugura ibikoresho bikorerwa hanze aho kugura ibikorerwa mu Rwanda kuko ngo ibyo mu Rwanda biba bihenze kandi ntibinagire uburambe.
Kuri iki kibazo ikigo cy’igihugu gitsura ubuziranenge RSB, kivuga ko ibikorerwa mu Rwanda byizewe kuko babigenzura kandi bakabiha ibyangombwa. Agasaba abaturage kubikunda gusa bagatunga agatoki aho bigaragaye ko ibyo bakora ntabuziranenge. Kwizera Simeo, ni umuvugizi w’ikigo cy’igihugu gitsura ubuziranenge.


Ibikorerwa mu Rwanda (Made in Rwanda) ni gahunda ya Leta y’u Rwanda yashyizweho hagamijwe kugabanya icyuho hagati y’ibyo igihugu cyohereza mu mahanga n’ibyo gitumizayo. Iyi gahunda kandi igamije kongerera ubwiza ibikorerwa mu Rwanda kugira ngo bibashe guhangana n’ibindi ku isoko haba imbere mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga.


Muri gahunda y’igihugu igamije iterambere NST1, mu rwego rwo guteza imbere inganda nyarwanda hitezwe kuzamura ubukungu bw’igihugu, u Rwanda rufite intego yo guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda kugira ngo bigire uruhare mu kongera ibyoherezwa hanze ku gipimo  cya 17% buri mwaka.


Related Post