AGAKIRIRO KARIMO GUTWIKA IMASHINI Z'ABANYABUKORIKORI

Richard NSHIMIYIMANA 2024-04-25 09:19:46 Politiki

Mu Ntara y’I burasirazuba  abakorera mu Gakiriro kubatswe iruhande rw'umujyi wa Nyagatare baravuga ko ibikoresho byabo birimo imashini zamaze gushya abandi bakaba barishyuye amafaranga kugirango bagakoreremo ariko ubu ngo bara korera hanze yako ahatubatswe, ibyo byose bavuga ko byatewe na Koperative yeguriwe kubaka aka Gakiriro ariko ngo ikaba itarakarangije.

Hashize umwaka aka gakiriro  gatangiye gukorerwamo gusa abagakoreramo binubira yuko imyubakire yako itashojwe. nakababaro  kenshi abatangiye kugerwaho nizo ngaruka zirimo gushya kw’imashini esheshatu bitewe namazi anyura ahatubatswe agateza ibibazo by’umuriro barasaba kurenganurwa .

kurundi ruhande kandi hari Abavugako bahawe amakuru yuko akagakiriro kuzuye bazakugakoremo ariko magingo ibikoresho byabo birikunyagirirwa hanze kandi baratanze ubukode bwaho bakorera .

kuruhande rwa koperative yitwa Nyagatare Imvestement Co-operative yubatse akagakiriro abayihagarariye bo batangazako icyateye ibi bibazo by’imyubakire itanoze ariko ibyo bakoze bagendeye kugishushanyo bahawe n’akarere ka Nyagatare,

Umuyobozi w’akarere ka Nyagatare Mushabe David Claudian ahamya ko harigahunda yo kongera inyubako zaka agakiriro murwego rwo kugakorera amavugurura anoze

Mbere yuko aka Gakiriro kubakwa byaribiteganyijweko kazubakwa n’akarere ka Nyagatare  gusa urugaga rw’abikorera (PSF) rubinyujije muri koperative Nyagatare Imvestement baje kugaragaza ko bafite ubushobozi bwo kukubaka akarere nako  ntikazuyaza kabegurira ibyo bikorwa doreko N’ikibanza aka gakiriro kubatsemo cyatanzwe n’akarere  imirimo yose yo ku kubaka yatwaye arenga miliyoni ijana na milongo itanu z’amanyarwanda 

Related Post