Bamwe mu batuye mu ntara y'uburasirazuba bagaragaza ko kimwe mu bikomeje gutiza
umurindi icyaha cyo gusambanya abana ari umuco wo guhishira ukigaragara muri
imwe mu miryango y'abahohotewe, ndetse no muri bamwe mu bayobozi b'inzego
z'ibanze. ubwo muri ntara hatangirizwaga
ku rwego rw'igihugu ubukangurambaga bugamije gukumira icyaha, Urwego rw'igihugu
rw'ubugenzacyaha rwavuze ko rutazihanganira umuntu wese uhishira iki cyaha cyo
gusambanya abana, kabone nubwo yaba ari umuyobozi.
Imibare yo mu gihe cya vuba igaragaza ko kuva muri Nyakanga 2019, mu Karere ka Nyagatare hasambanyijwe abana barenga 1600. abatuye aka karere bagaragaza ko guhishira abakora ayamahano arikimwe mubyongera iyimibare,uretse ibi kandi bagaragarije RIB KO ubuyobozi bwo munzego zibanze bukingira ikibaba abanyabyaha muri rusange
Urwego rw’Igihugu rw’ubugenzacyaha RIB narwo ruvuga ko umuco wo guhishira atari umwihariko w’Akarere ka Nyagatare gusa, kuko ari n’imbogamizi ikibangamiye gahunda yo guhashya icyaha cyo gusambanya abana hirya no hino mu gihugu. Umuvugizi wa RIB Dr Murangira Thierry, avuga ko umuntu wese uhishira iki cyaha atazihanganirwa.
Kuva mu kwezi kwa Karindwi k’umwaka w’2019,
RIB imaze kwakira ibirego bigera ku 1450 by’abasambanyije abana mu Ntara
y’Uburasirazuba. Ni imibare uru rwego ruvuga ko ari mike hagereranijwe
n’umubare w’abana basambanyijwe ari nayo mpmavu ikangurira buri wese kwirinda
guhisha amakuru y’abahohotewe.
Uretse icyaha cyo gusambanya abana, RIB inavuga
ko hari n’ibyaha bibera mu miryango nk’ihohoterwa rishingiye ku mutungo ariko
bigahishirwa, nyuma hakagaragara ingaruka zabyo zirimo kwicana kw’abagize
umuryango cyangwa kwiyahura. Indi mpamvu ikomeye y’ubu bukangurambaga buzamara
iminsi itatu mu Karere ka Nyagatare nyuma bukazakomereza no mu tundi turere
tw’igihugu, ni ukwegera abaturage kugira ngo bagagarize RIB bene ibi bibazo
byihereranwa n’abagize umuryango cyangwa bigahishirwa n’abayobozi b’inzego z’ibanze,
hagamijwe kubishakira ibisubizo