Umuntu ntagakwiye kwihererana ibimugoye kuko aribyo biganisha ku kwiyambura ubuzima

Richard NSHIMIYIMANA 2024-03-29 02:41:20 Politiki

Mu gihe kwiyahura bimaze kuba ikibazo gihangayikishije isi muri rusange, abahanga mu mitekerereze ya muntu bavuga ko umuntu atagakwiye kwihererana ibimugoye kuko aribyo biganisha ku kwiyambura ubuzima.


Mu bihe bitandukanye hagiye havugwa inkuru z’abantu bimanitse mu kagozi, kwiroha mu modoka, kwirasa bakiyaka ubuzima. Bamwe mu baturage bavuga impamvu zitandukanye zatuma umuntu yafata umwanzuro wo kwiyambura ubuzima, ndetse bakanagaragaza ko hari n’icyo babona cyakorwa kugira ngo icyo kibazo cyo kwiyahura kiranduke.


Kuri iki kibazo cyo kwiyahura, Prof SEZIBERA Vincent, ni umwarimu muri kaminuza, akaba n’umuhanga mu mitekerereze ya muntu, avuga ko kwiyahura Atari umwanzuro nyir’ubwite ahutiraho, ko ahubwo aba yarabiteguye igihe kirekire.


....akomeza avuga ko icyakorwa ko ar’uko umuntu ufite ibibazo bimugoye,  yazajya abigaragaza kugira ngo agirwe inama, kuko iyo ubyihereranye aribyo biganisha ku kwiyambura ubuzima.


Raporo y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima ya 2017 igaragaza ko abanyarwanda 425 516 bangana na 3.8% aribo bahuye n’ibibazo byo kugira agahinda kenshi.

Abagera ku 76 205 baterwa agahinda n’ibibazo by’ubuzima bikomoka ku ndwara zabaye akarande kuri bo.
Mu bihugu byateye imbere usanga abiyahura cyane ari urubyiruko kubera kubura icyerekezo cy’ubuzima.

Nibura buri masegonda 40, umuntu ariyahura ku isi. Bivuze ko ubwo mu munsi umwe, abantu 2160 ku isi bapfa bazize kwiyahura, ni mu gihe mu mwaka abantu ibihumbi 800 biyahura ku isi. Igipimo cy’abantu biyahura kandi kirushaho kuzamuka, ibi bikaba bihangayikishije isi yose.


Related Post