Mu rwego rwo gukomeza guhangana n'icyorezo cya Covid19; Minisiteri ya Siporo yashyizeho amabwiriza mashya areba mu mikino muri rusange hanarimo shampiyona y'umupira w'amaguru mu Rwanda ibura iminsi 2 gusa ya shampiyona ngo irangire.
Mu gihe mu mujyi wa Kigali nta mikino iri kuhabera; amakipe yose yakiniragamo yose yakirira kuri stade ya Bugesera mu Karere ka Bugesera. Minisiteri yahise igaragaza amabwiriza mashya agomba kugenderwaho ngo imikino isigaye ikinwe hagendewe kuri gahunda yo kwirinda Covid19 kuko ubundi nta ngendo zemewe ziva mu Karere kamwe zijya mu kandi.
Aya ni amabwiriza mashya yashyizweho na Minisiteri ya Siporo.
Imikino iri kuri uyu wa gatanu:
Gorilla izakina na Mukura
Kiyovu Sports va Etincelles
As Muhanga vs Gasogi
Sunrise vs Musanze